Intama
Ikiraro cy’intama

1. Uko ikiraro kigomba kuba kingana
• Inyagazi y’intama iri kumwe n’abana bayo kugeza bacutse ikenera ahantu hafite m² 1,5
• Isekurume y’intama bayigenera m² 2
• Umwana w’intama ufite munsi y’amezi 8 agenerwa m² 0,7
Kugaburira intama
- Intama itungwa n’ibyatsi ;
- Iyo ihaka ni byiza kuyongerera igaburo. Bayiha imvange gr 100-150 ku munsi (mu mezi abiri ya nyuma). Bituma ibyara abana banini kandi na yo igakomeza kuba nziza. Iyo yonsa bayiha gr 300-400 ku munsi bakurikije umubare w’abana ;
- Isekurume bayiha gr 300 z’imvange iyo yimya ;
- Iyo zicutse, intama baziha gr 50-100 z’imvange ku munsi.
Umusaruro
- Intama iyo ibazwe itanga inyama mu rugero rwa 48% kugeza 50% ku zimeze neza.
Indwara z’intama n’uburyo bwo kuzirwanya
Kororoka kw’intama
- Ku ntama 100 zimye, habyara 85;
- Ku ntama 100 zibyara, havuka abana 140 ku nyarwanda, 180 ku za kijyambere;
- Intama ibangurirwa bwa mbere imaze amezi 8 ivutse, icyo gihe iba ifite ibiro hafi 23 ku za kijyambere, na 12 ku Nyarwanda;
- Isekurume imwe ihagije inyagazi 50, igatangira kwimya ifite amezi 15 ivutse;
- Intama ihaka iminsi 149-152 (amezi 5);
- Yonsa amezi atatu, ishobora rero kubyara buri mezi 9 iyo yorowe kijyambere;
- Intama iba ishaje iyo imaze imyaka 6-7 ivutse (iba itangiye gukuka amenyo);
- Bahita bayikura mu bworozi.
Kwandika no kubika amakuru
Kwandika no kubika amakuru ku bworozi bw’intama ni ingenzi kuko bigaragaza ikintu cyose cyabaye ku bushyo mu gihe runaka. Byongeye kandi, bifasha gucunga neza amatungo kuko byerekana inkomoko y’intama bigafasha no guhitamo ubwoko bwiza wayibanguriraho. Kwandika no kubika amakuru ku bworozi bw’intama kandi bifasha gutegura neza ingengo y’imari izakoreshwa mu bikorwa byo kubuteza imbere.
Aha twagaragaje amakuru akenewe kwandikwa no kubikwa mu bworozi bw’intama. Agaciro n’akamaro k’amakuru agomba kwandikwa no kubikwa bitandukana bitewe n’uburyo bwo korora umworozi yahisemo:
- Amakuru ku buzima bw’intama: aya makuru agaragaza izarwaye, izapfuye, ibimenyetso zagaragaje, isuzuma ryakozwe, imiti n’inkingo zahawe n’ibindi.
- Amakuru ku biryo byagaburiwe intama: ibi biragoye kugaragaza mu bworozi bw’amatungo arisha ku gasozi, ariko ku bworozi bugenewe isoko nko gukuza cyangwa kubyibushya intama zigaburirwa ibiryo byo mu nganda bishobora kwandikwa kugira ngo bifashe kubara igishoro n’inyungu.
- Amakuru yerekeye kubangurira:kumenya imfizi, inyagazi n’intama zizikomokaho ni ingenzi mu bikorwa byo gufata ibyemezo byo kuvugurura icyororo, kugurisha cyangwa se kuvana zimwe mu ntama mu bworozi.
- Amakuru ku ntama zavutse: aya makuru agaragaza umwirondoro w’izavutse, imfizi yazibyaye,ibiro zavukanye, italiki zavutseho, uburyo zavutsemo ( imwe cyangwa nyinshi), ndetse n’ibitsina byazo.
- Amakuru ku mukamo: kwandika amakuru ku mukamo rimwe mu cyumweru byaba bihagije kugira ngo byerekane ingano y’amata y’amata aboneka. Ku bw’iyo mpamvu, iyo umworozi yorora ihene n’intama zitanga amata cyangwa se izitanga inyama, ashobora guhitamo izikamwa cyane akaba ari zo abikaho amakuru y’umukamo rimwe mu cyumweru.
- Amakuru ku mikurire: hapimwa ibiro intama zungutse mu gihe cyagenwe ( bishobotse buri kwezi).
- Amakuru ku mibare y’intama zigize mu bushyo n’ibindi bintu by’agaciro.
- Umusaruro w’inyama: kwandika amakuru ku musaruro w’inyama ziva ku ntama ibaze ni ingenzi, cyane cyane mu bworozi bushingiye ku muryango. Aya makuru yaboneka mu mabagiro mu gihe ari ho intama zibagirwa.
. Amoko
Mu Rwanda, dufite amoko abiri y’intama: intama z’inyarwanda ( Gakondo) n’intama zo mu bwoko bwa Merino zitanga ubwoya n’ibyimanyi by’aya moko abiri.
- Intama gakondo

Intama gakondo yororerwa guherekeza inka no gutanga ifumbire. Yakomotse muri Afurika, ikaba ifite umurizo muremure kandi ubyibushye.
- Mérinos ( soma “Merino”)

Inyagazi yo mu bwoko bwa Merino n’akana kayo
Intama yo mu bwoko bwa Merinmo yororwa ahanni hagamijwe kuyikuraho ubwoya. Umubyimba wayo ni muto ugereranyije n’intama zitanga inyama. Intama yo mu bwoko bwa Merino ikenera kogoshwa byibura rimwe mu mwaka kuko ubwoya bwayo budahagarara gukura. Iyo ubwoya bubaye bwishi cyane bukamera nk’ikote bushobora gutuma intama ishyuha cyane, ikagira ibibazo byo kugenda ndetse n’ubuhumyi.
 RWA
RWA  ENG
ENG